Kumenya aho uturuka,
kimwe no kumenya irengero ry’abawe, ni ngombwa.
Ni uburenganzira bwa buri wese.

CCMES Belgique ni Umuryango :

  • • Ukora ibikorwa by’ubukangurambaga bumenyekanisha ikibazo cy’abana baburiwe irengero, n’imiryango yaburanye n’ababo mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994.
  • • Utera inkunga CCMES Rwanda mu guha umurongo ibikorwa byayo byose.

Gushyigikira ibikorwa bya CCMES

  • Inkunga ihoraho ifasha Umuryango gushinga imizi.
  • Inkunga idahoraho na yo irakenewe !
  • KUBIMENYA BIRAMBUYE

Amateka

Muri mata 1994, Jenoside yakorewe Abatutsi yavukije abarenga miliyoni ubuzima bwabo.
Hangirika byinshi, bene Kanyarwanda bugarizwa n’ibyago ndenga kamere.
Ubwicanyi bwakorewe Abatutsi kenshi kuva kuva muri 1959, byari bimenyerewe ko nta nkurikizi ku babukoraga, bituma abicanyi birara, kugeza ubwo bakoze Jenoside.

Muri ibyo byago, harimo abana benshi bagiye batandukana n’imiryango yabo, kugeza ubu baburiwe irengero.
Abenshi muri bo bambutse imipaka y’igihugu, bahungira mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda. Hari n’abafashwe n’imiryango iri mu Rwanda bayikuriramo.
Bamwe muri abo bari abana mu gihe cya Jenoside batangiye kugenda bava iyo bari barazimiriye, barashakisha inkomoko yabo.

Izingiro ry’ikibazo

Mu « Rwanda », bisa nk’ihame. Abantu bazi ko umuntu wese batabona ari uko yapfuye. Nyamara, hari ababyeyi bagishakisha abana babo baburiye irengero, hari igice kitari gito cy’urubyiruko kitazi inkomoko yarwo, kitazi na busa, kugera ku izina ry’ukuri baba barahawe n’ababyeyi babo. Baratakamba basaba gushyigikirwa ngo bamenye inkomoko yabo, bityo babashe kwiyubaka.

Video title

Akamu k’umubyeyi ufite icyizere

Hashize imyaka 20: Film ya Mukamulindwa Béatrice

Inshingano

Gufatanya

Kuba hafi y’abana n’imiryango mu bikorwa byo gushakisha ababo, kabone n’ubwo tutaba twizeye icyo bizatanga.

Guhuza

Abana n’imiryango yabo.

Sample image
Gucukumbura

Amakuru afatika yaduteza intambwe mu ishakisha ry’abacu.

Gushaka

Abana bazimiye, bari hirya no hino ku misozi y’u Rwanda, n’ahandi hose muri Afurika, ndetse no mu mahanga yak ure.

Kumenya

Imiryango yose itaramenye uko byagendekeye abana babo baburanye muri Jenoside yakorewe abatutsi.

Ibikorwa

Ubukangurambaga

Kenshi na kenshi abantu ntibumva ukuntu umuntu yagumana icyizere cyo kuzabona abana baburiwe irengero mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi. Ntibumva ukuntu bashobora kuba bakiriho, bakaba batigaragaza.
Bikaba bisaba ko CCMES ikora ibikorwa binyuranye by’ubukangurambaga, haba mu Rwanda, ndetse no mu Bubiligi. Bisaba gusobanura neza imiterere y’ikibazo cy’iburirwa ry’irengero ry’abari abana mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi. Ni intera ikomeye, ibimburira izindi zose, kuko amakuru dukeneye y’abacu tuzayakura mu bantu, abababonye aha cyangwa hariya, mu mpande zose z’isi kuko abanyarwanda bakwiriye imishwaro bakagera kure hashoboka, ku isi ituwe.
CCMES igerageza no gusobanura ubusharire bw’ubuzima ku muntu utarashoboye guhamba uwe. Ibyo kurira ngo wihanagure ntibishoboka, umuntu agumana imitima ibunga, yibaza ngo none yaba akiriho, ari aha cyangwa hariya ?
Urubyiruko rwinshi rutazi inkomoko yarwo na rwo, ni ikibazo kitaboroheye kubaho batazi abo bari bo.
Muri ubwo bukangurambaga, CCMES akenshi ikora n’indi miryango mu rwego rw’ubufatanyabikorwa.

Guhugura abakorerabushake

Abacu tuzababona, ari uko uko tumaze gukwirakwiza inkuru zo kubashakisha ku misozi yose y’u Rwanda. Ayo makuru akagera mu ngo zose ziri ku musozi, bihereye mu Rwanda, hakazakurikiraho ibihugu by’ibituranyi, bigakomezaaaa ; bikazasakara ku isi yose.
Abantu nyuma ya Jenoside bifitiye intimba nyinshi, bikaba bisaba kumenya uko umuntu abaganriza. CCMES yiyemeje gutanga amahugurwa ku bikomere byo ku mutima no ku itegamatwi. Nyuma y’ayo mahugurwa abakorerabushake bagahabwa ubutumwa bwo guhura n’abaturage, kubasobanurira ikibazo cy’izimira ry’abana mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi, gufata ubuhamya kur icyo kibazo, no gufasha imiryango gushakisha abana babo baburanye.

Gufata ubuhamya

Gusobanura akamaro k’ubuhamya;

Gusobanura icyo abakorerabushake bazamarira Umuryango, ndetse n’ibyo bamaze gukora.

Dore bimwe mu by’ingenzi tumaze kugeraho : film https://www.youtube.com/watch?v=FqqnZ4Dd5S8

Ndetse

N’igitabo cy’ubuhamya; https://www.dropbox.com/s/84evaid3kdaabtd/Retisser%20l%27Espoir%20v.%20web.pdf?dl=0.

Uwakenera ko tumwoherereza iki gitabo, yakwandikira CCMES ASBL.

Gufatanya urugendo

Umuntu wese uje agana CCMES, yaba umubyeyi cyangwa umwana ushakisha abe, CCMES iramufasha kandi ikamushyigikira uko ishoboye kose muri urwo rugendo.

Ibiganiro binyuranye, ndetse no gusura ahantu nyaburanga, bifasha abagenerwabikorwa kuva mu bwigunge, no kwiremamo ubucuti n’ubumwe nk’abahuje ikibazo.

Uhuye n’ikibazo cyihariye, CCMES imuba hafi by’umwihariko.

Uko wakuzuza uru rupapuro